Professional Documents
Culture Documents
AMATEKA YA KILIZIYA
INTANGIRIRO
Muri iri somo, „Amateka ya Kiliziya’ yose tuzayiga dukurikije ibihe bine
by‟ingenzi byayaranze kuva Kiliziya yashingwa na Yezu Kirisitu kugeza ubu, ndetse
tuzarebera hamwe muri make amateka y „Iyogezabutumwa mu Rwanda.
- Igice cya kane: Ibihe tugezemo (Epoque contemporaine) 1789- kugeza ubu.
Kiliziya ni umuryango ubumbye isi yose kuva kera; Kiliziya yashinzwe na Yezu
Kristu igamije ikintu ndengakamere aricyo umukiro wa roho z‟abantu. Nyamara ariko ni
umuryango ugaragara ufatika ufite abayobozi ukaba warasakaye ku isi hose, hashize
ibinyejana birenga 20. Ifite rero amateka yayo kandi umuntu wese yagombye kumenya.
Kiliziya yagiye ihindura imyumvire n‟imico y‟abantu uko ibihe biha ibindi.
Ntabwo bishoboka gusobanukirwa amateka y‟isi kuva Yezu Kristu abayeho udafatiye ku
mateka ya Kiliziya. Ni Kiliziya yazanye umuco wa gikristu wagiye urandura buhoro
buhoro umuco wa gipagani ku isi. Kiliziya ntiyahinduye gusa ibitekerezo n‟imyitwarire
by‟abantu, ahubwo yanahinduye ubuzima bw‟umuryango (urugo), imibanire hagati
y‟abantu ndetse na za Leta; yanacengeye mu nzego zose (umuco, ubugeni….). Amateka
menshi y‟isi Kiliziya yagiye iyagiramo uruhare rukomeye, ntabwo ari mu byerekeranye
n‟ubukristu gusa.
Yezu yemera kwigira umuntu kugira ngo ashobore gukiza abantu urupfu anabahishurire
amabanga (amayobera) y‟iyobokamana nyaryo (ritagatifu). Yashinze Kiliziya kugira ngo
igikorwa cyo gukiza abantu agisakaze hose kandi agikomeze.
Iki gice cya mbere gitangirana n‟ivuka rya Kiliziya ku munsi mukuru wa Penekosti
kikarangirana n‟isenyuka ry‟ingoma y‟Abanyaromani y‟ I Burengerazuba (476)
1. 30-313: Kiliziya yasakaye hose n‟ubwo bwose hari mu gihe cy‟itotezwa rikomeye
ry‟abakristu ku ngoma y‟Abanyaroma.
2. 313- 476: Kiliziya yakomeje gusakara hose ndetse n‟abami barayishyigikira kandi
barayirinda. Nyamara muri iki gihe havutse muri Kiliziya inyigisho z‟ubuyobe
zikomeye. Kiliziya ariko yarazirwanyije yifashishije abakuru mu nama nkuru za
Kiliziya (conciles …)
I .1 .1 Mu bayahudi
I. 1. 2 Abapagani
I .1 3 Inyigisho za gikristu
I. 1 4 Abogezabutumwa
- Bari bagize umubiri umwe n‟umutima umwe bagashyira hamwe ibyo bari batunze
- Bubahaga Intumwa zafashwaga n‟Inama y‟abakuru b‟umuryango (…)
n‟abadiyakoni 7 (7 Diacres).
a. Pawulo Intumwa
Ihinduka rye:
Izina rye rya Kiyahudi ryari Sawuli ariko kuko yavukiye mu mahanga i Taro yaje
kwitwa Pawulo (mu rurimi rw‟Abagereki n‟Abaromani). Ishyaka yari afitiye idini ye ya
kiyahudi ryatumye na we afatanya n‟abandi gutoteza abakristu kugira ngo harandurwe
iyo dini y‟icyaduka. Mu nzira ajya i Damasi yumva ijwi rya Yezu rimuhamagara n‟uko
arahinduka kandi arabatinzwa hari mu mwaka wa 36.
b. Petero Intumwa
Petero i Roma:
c. Yohani Intumwa
d. Abandi bogezabutumwa
- Abacuruzi, abasirikari,..
Kuroga amariba…
N. B: Ibyo byose byatumaga abakirisitu bangwa cyane, amarimbi yabo akangizwa,
bagatotezwa ku buryo bunyuranye
- Urwango ubutegetsi bwari bufitiye abakirisitu:
- Abakirisitu ntabwo bakunda ingoma y‟Abanyaroma
- Abakirisitu ntabwo bakunda umco w‟ Abanyaroma (ibitambo, ibigirwamana,
kwishimisha…)
- Abakirisitu ntabwo bitabira ibikorwa rusange niyo mpamvu Leta igomba kubarwanya
naho ubundi bagandisha rubanda kandi bagatera amacakubiri.
- Urwango rw‟ abami ku giti cyabo (Neroni, Domisiyani, Magisime…)
i. Igifungo:
I. 2. 4 Iherezo ry‟itotezwa
Muri 311 umwami Galere yaje gufatwa n‟indwara iteye isoni cyane (yaje no
kumuhitana) ni bwo atangiye kugarukira abakirisitu ngo bamusabire ndetse asinya n‟iteka
riha abakirisitu agahenge: iteka ry‟ubworoherane (Edit de tolérance). Ariko iteka
ryahaye abakirisitu ubwigenge n‟ubwisanzure ni iryasinywe n‟umwami
KONSITANTINI Luciniyusi muri 313: Iteka rya Milano (Edit de Milan). Ng‟uko uko
idini isenga Imana imwe y‟ukuri yatsinze abasenga ibigirwamana, ubwisanzure bwa buri
wese n‟ubw‟umryango butsinda ubucakara n‟imico ya gipagani.
11
Iki gihe cyaranzwe no kwiganza kwa Kiliziya: Iki gihe kandi cyaranzwe
n„ugusakara k‟ubukirisitu ndetse no kugeza hirya y‟ imbibi z‟ingoma y‟ Abanyaroma no
mu byaro byayo, mu gihe mu binyejana bitatu bya mbere ubukirisitu bwari buzwi gusa n‟
abatuye mu migi. Mu kinyejana cya kane Kiliziya yashyizwe ku ibere isimbura
abapagani bari baratoneshejwe ku ngoma y‟Abanyaroma. Ubutegetsi bwaje gutonesha
Kiliziya, ubupagani bwamaganirwa Kure.
Muri 406-407 Abagerimani batijwe umurindi n‟Abahuni bateye muri Goli. Muri
451 Papa Lewo Ikirangirire yabashije kumvisha Abawizigoti ko bagomba kuva mu
Butaliyani. Muri 455 Abavandali basahuye Roma. Muri 476 Odowakeri, umwami w‟
Abaskiri yanyaze Romulusi Ogusituli umwami w „ i Roma nuko ingoma Y‟ Abanyaroma
isenyuka ityo.
(Ibinyejana VIII-IX)
BURASIRAZUBA
Ubundi buryo bwo kwitagatifuza bwaranze icyo gihe bwabaye ubwo kwiyambaza
Abatagatifu no kubaha ibisigazwa byabo. Nyuma y‟intambara zo kubohaza ubutaka
butagatifu, ariko cyane cyane nyuma y‟isahurwa ry‟umujyi wa Konsitantinopule mu
1024, ibisigazwa byinshi by‟Abatagatifu byakwiriye mu Burayi bw‟Uburengerazuba.
Buri Kiliziya yaharaniraga kugira ibyayo.
Nta gikorwa gishya gihambaye kigeze kigaragara mu Iyobokamama nyuma y‟urupfu rwa
Muttagatifu Berinarudo. Ivugururwa mu Iyobokamana cyabaye igikorwa cy‟imiryango y‟
Abihayimana basabiriza, abogezabutumwa bashya bashyigikiwe na Papa.
N‟ubwo ubukristu bwo mu bihe byo hagati bwari bukomeye, bwashojwe n‟igihe
cy‟ ingorane zinyuranye. Inyigisho za Tomasi w‟Akwini zari zarashyizwe imbere
zatangiye guhinyurwa Abalayiki barahagurutse, abakuru b‟igihugu ntibaba bakemera
ubutegetsi bwa Papa, hirya no hino havuka inkubiri y‟ironda gihugu yazengereje
Kiliziya, igatera n‟umwuka mubi watumye ibintu bitangira kuzamba. Byari integuza
y‟irangira ry‟Ibihe byo hagati. Icyo gihe igihugu cy‟Ubufaransa cyari gifite ijambo
rikomeye i Roma kuko cyari igihugu gihamye ugereranyije n‟ibindi. Abapapa bimutse
kubera amahane yabirukanye i Roma bajya gutura i Avinyo mu Bufaransa.
Mu gihe Abapapa bari batuye Avinyo bari hagati nk‟ururimi: bifuzaga gutunganya
imitegekere yabo bigumiye Avinyo, ku rundi ruhande ariko, abantu benshi babasabaga
kugaruka i Roma mu maguru mashya. Papa Inosenti wa V yategetse mu gihe
20
cy‟amahoro, agwiza umudendezo mu ntara za Papa, asa n‟utegura atyo ibyo gusubira i
Roma kw‟Abapapa. Papa Urubano wa V we yagerageje ibyo gusubira i Roma, ariko
mubyara we wamusimbuye ni we wabigezeho.Uwo ni Papa Gerigori wa XI, abisabwe
n‟imbaga y‟Abanyaroma n‟amasengesho ya Mutagatifu Gatarina w‟I Siyeni. Papa
Gerigoriwa XI yasubiye i Roma mu 1376. Papa Gerigori wa XI yongeye kugaruka i
Roma tariki ya 17 Mutarama 1377 yakiriwe mu byishimo byinshi maze guhera ubwo
Abapapa bagaruka gutura ahari imva za mutagatifu Petero na Pawuro. Ageze i Roma
yasanze ingoro y‟i Latarani yarangiritse cyane, maze Papa Gerigori wa XI ahitamo gutura
i Vatikani ahari imva ya Mutagifu Petero. Nyamara agahenge Papa yazanye i Roma
kamaze igihe gito cyane, imyivumbagatanyo ntiyatinze kongera kuvuka mu mugi wa
Roma.
Kuva ubwo ubwitandukanye bwari buhawe intebe buza kumara imyaka 40,
burenza kure ubukana andi macakubiri y‟abarwanyaga Papa yagiye akururwa n‟abami
b‟Abadage, mu gihe bari bahanganye na Papa mu binyejana byabanje. Amacakubiri
yariyongereye mu bukirisitu. Byari bikomeye kwemeza umupapa nyakuri kuko ibihugu
byishyiraga hamwe bikurikije inyungu zabyo.
Gatarina w‟i Siyeni yagiye ku ruhande rwa Urubano wa VI wari i Roma n‟ubwo
kumushyigikira bitamubuzaga kwamagana amakosa ye yose. Handitswe inyandiko
zitagira ingano zerekanaga uburyo bwo kugabanya ubwo bwitandukanye. I Sorubone (mu
Bufaransa) bateguye itora ryo kumara impaka. Icyifuzo cyo gutumiza Konsili y‟isi yose
yo gukuraho abo bapapa bombi igatora undi ni cyo cyakiriwe neza kurusha ibindi.
21
Ubwo hariho abapapa batatu. Aho kugira ngo ikibazo cy‟ubwitandukanye gikemuke,
cyasubiye irudubi.
Iyo konsili y‟i Konsitansi yabaye mu 1414 yari itandukanye n‟izindi zabaye mu
bihe byo hagati. Umwami w‟abami ni we wafashe iya mbere mu gutumiza iyo konsili.
Papa Yohani wa XXIII washyiriweho i Pize yavanyweho, na Papa Gerigori wa XII
aregura. Benedigito wa XIII w‟Avinyo na we avanwaho nyuma y‟uko ahungiye muri
Hisipaniya. Ku wa 11 Ugushyingo 1417 hatowe Papa Maritini wa V.
Mu mateka ya Kiliziya, bwari ubwa mbere hashira imyaka ine Kiliziya iyoborwa
na Konsili . Bityo igitekerezo cy‟uko konsili ariyo yayobora Kiliziya cyari gishyizwe mu
bikorwa abari muri konsili badasobanukiwe.
Hari hakiri ingingo enye ziteye ikibazo: impaka ku cyiswe “Filioque”, imiterere
ya Purugatori, ubukuru bwa Roma ku zindi Kiliziya, kimwe n‟impaka ku byerekeye
imigati idasembuye. Umwami w‟abami wa Bizanse yifuzaga kugirana ubumwe na Roma
kuko yari akeneye ko ibihugu gatorika by‟i Burayi bw‟Iburengerazuba byamufasha
guhagarika Abanyaturikiya bari bamwugarije. Kuba imyigire y‟ikibazo yarateguwe neza,
byatumye haboneka inzira zo kugera kuri ubwo bwiyunge.
Muri Kamena, muri Katedarali y‟i Foloransi, Abagereki bakiriye neza imyanzuro
iganisha ku bwiyunge. Ubwo bwiyunge bwari bugezweho hagati ya Kiliziya zombi
ntibwigeze bushyirwa mu bikorwa ngo bushinge imizi. Ab „Iburengerazuba batari bafite
akamenyero ko gutabarana n‟ab‟ Iburasirazuba b‟Abarutodogisi bimye amatwi impuruza
ya Papa Ewujeni wa IV watabarizaga Bizanse yari yagoswe. Ku wa 29 Gicurasi 1453,
umugi wa Konsitantinopule wigaruriwe n‟Abanyaturikiya. N‟uko ugutsinda
kw‟Abayisilamu gutuma umugambi w‟ubwiyunge unanirana hashira igihe. Uyu mwaka
ni wo urangiza igihe cyo hagati.
Mu 1450 Papa Nikola wa V yizihirije i Roma yubile ikomeye kubera ubumwe bwa
Kiliziya bwari bwongeye kugerwaho. Hashize imyaka ibiri bimika Feredariko wa III aba
umwami w‟abami w‟Ubudage. Havutse ubundi bufatanye. Ibikorwa by‟iyogezabutumwa
byagejejwe muri Afulika no mu gihugu cya Porutigali, byatumye uwabitangije ariwe
23
Luteri yavuye mu bupadiri mu Kwakira 1524, hanyuma ashaka umugore, Cathérine Bora
wari umubikira. Inyungu mu bya Politiki no gushaka kwigabiza umutungo wa Kiliziya
byatumye inyigisho nshya za Luteri zisakara vuba.
Ibibazo byinshi byari byaratewe n‟Ivugurura byarizwe neza kandi bibonerwa ibisaubizo
bihamye.
Twavuga nk’ ibijyanye na: Ukaristiya n‟andi masakaramentu, Missa, Imihango yerekeye
abatagatifu, Purugatori, Ibyanditswe Bitagatifu (Biblia), Uruhererekane (Tradition)
Ivuka ry‟Abangilikani
Ikinyejana cya XVII gitangiye, Kiliziya yabonye imbaraga nshya maze irongera
ishinga imizi, ihamya ibirindiro. Umuryango w‟Abayezuwiti wakoze umurimo ukomeye
mu kwigisha no gutanga urugero rwiza mu myifatire ikwiye. Abatagatifu nka Tereza w‟
Avila na Yohani w‟Umusaraba bagize uruhare rukomeye mu gushimangira ubukristu mu
kinyejana cya XVII.
Muri buri gihugu idini y‟umwami ni yo yagombaga kuyobokwa n‟abaturage, buri mwami
yari yemerewe gushyiraho idini ye kandi igakurikizwa mu gihugu hose (IRIVUZE
UMWAMI, Curius region, illius religio).
29
Ikinyejana cya XVII kigeze hagati, ingingo ivuga ngo:”Buri karere n’idini yako”
ni yo yari yiganje, maze mu Burayi bwose hakwira umuco; bigera ndetsse no mu
matorero y‟Abaporotestanti hagati yabo ubwabo. Kiliziya Gatolika irakandamizwa,
iratotezwa mu bihugu nko mu Bwongereza mu Buholandi, muri Suwedi, muri Sirilande
n‟ahandi. Ibihugu bituwe n‟Abagatolika kuva kera, na byo ntabwo byari byoroshye.
Umujyi wa Viyeru warwanyije wivuye inyuma Abaceki n‟Abanyahongiriya bayobotse
itorero rya Kaluvini. Mu bihugu by‟Abanyahisipaniya hakoreshejwe uburyo buhutaza mu
kurwanya abayobotse Kaluvini.
MU BINYEJANA XVII-XVIII
Abayezuwiti bagiye kwamamaza Inkuru Nziza mu gihugu cya Paragwe, ikintu cya
mbere cyari kibashishikaje ni uguca icuruzwa ry‟abacakara b‟Abamendiye
b‟Abagwarani no kubakura ku buretwa bw‟abakoloni.
Muri iki gihe, Kiliziya yakomeje guhangana n‟ibitekerezo byo mu “Bihe Bishya”, yahuje
n‟impinduka z‟ibihe, z‟imyumvire n‟ iterambere.
Umwete mu buzima bwa roho ntabwo wabuze muri iyo mpera y‟ikinyejana cya
XVIII. Mu Bufaransa, Ubwepisikopi, n‟ ubwo bwari bushingiye ku miryango (familles);
muri rusange ntabwo bwose bwakoze nabi. Abakaridinali nk‟uw‟i Fuleri, i La Roshe
Ayimoni, cyangwa Karidinali w‟i Marubefu babaye intangarugero.
Mu gihe Kiliziya Gatolika yari yugarijwe n‟ubugome bwariho icyo gihe,ni nako
ubukristu bwagendaga bukwira ku isi hose.
Muri Koreya na ho, Kiliziya yari yaravutse mu mpera z‟ ikinyejana cya XVIII
yahise itangira gutotezwa. Umupadiri w‟ umushinwa Yakobo Isiyewu yaciwe umutwe
mu 1801, Mu Buyapani, guhera mu ntango z‟ ikinyejana cya XVIII, abakristu ntibari
bagikorera ku mugaragaro. Muri Pasifika, uretse ibirwa bya Filipine byari byarigishijwe
Ivanjili kuva muri 1515 kandi hafi ya byose bikaba byari bifite Ukwemera Gatolika
n‟ubwo haje kuba ikibazo cyo kurwanya Asaseridoti mu 1860, iyo nyanja yuzuyemo
ibirwa byinshi ntiyari yarigeze imenya Inkuru Nziza.
V. 3. 1 Iyogezabutumwa ryarakomeje
Kuri Kiliziya, iki kinyejana cya XIX, twagishyira kuva mu 1815, igihe Napolewo avuye
ku butegetsi kugeza mu 1914, intamabra ya mbere y‟isi itangiye. Muri iki gihe, Kiliziya
yagize abapapa bagize uruhare rukomeye muri Kiliziya kandi baranga ibihe bikomeye
by‟amateka yayo: Papa Piyo wa IX (1846-1878), Papa Lewo XIII (1878-1903) na Papa
Piyo wa X (1903-1914).
Yari umuntu uzi kubana n‟amahanga kandi abona neza imihindagurikire ikomeye
yabaye muri Politiki n‟imibanire y‟abantu, yihatiye kumva abantu b‟ icyo gihe no
gufasha Kiliziya kugera ku bwumvikane hamwe na bo. Yakanguriye abantu kwiga no
gusobanukirwa na Bibiliya.
Intambara ya I y‟ isi yose igitangira, yahise ishora abaturage mu bugizi bwa nabi
no mu nzangano, maze Roma ntibyayorohera guhitisha ijambo ry‟ amahoro. Buri
40
Papa Piyo wa XI, amaze gutorwa ku wa 7 Gashyantare 1922, hatangiye igihe cyaranzwe
n‟amahindura akomeye mu bya Politiki no muri Kiliziya hatangizwa ibindi bikorwa
byinshi. Uwo mwaka nibwo Musolini yatowemo aza ari umuntu ufite amatwara
adasanzwe kandi y‟ igitugu.
Papa Piyo wa XII, mu mezi make yabanjirije intambara yakoze uko ashoboye
kugira ngo itarota.Yagerageje kenshi guhuza abari bashyamiranye mu nama yabereye i
41
Kuba Papa yari azi neza ko ingabo za Hitileri zitazakomwa imbere n‟ubuyobozi
bwa Kiliziya, ahubwo ko zakaza umurego, Kiliziya iramutse ibyivanzemo ku
mugaragaro, byatumye yifata mu myaka ine intambara yamaze. Ikinyamakuru cya
Kiliziya” Osservatore Romano” na Radiyo ya Vatikani byamaganye ibikorwa bibi
by‟ingabo za Hitileri. Nyuma y‟urupfu rwa Papa Piyo wa XII, abagome bashatse
kumuharabika ko yifashe kandi ko yaba yarashyigikiye Hitileri.
VATIKANI YA II
Muri iki gihe cyacu, inyigisho za Konsili zinjiye rwose mu buzima bwite bwa
Kiliziya ndetse zahaye isura nshya amakoraniro Gatolika mu isi yose, zinahindura ku
buryo bugaragara imibanire y‟abakristu hagati yabo ubwabo no hagati yabo b‟abandi
bantu batuye isi.
1
ITORERO RYA MUTAGATIFU PAWURO, ISHAMI RY‟AMATEKA, Seminari Nkuru ya
Nyakibanda, Pallotti Presse 2003, pp.283-284
43
2
Idem p.286
44
n‟ibya politiki, yagiye yikuraho buhoro buhoro ibimenyetso byose byatumaga Papa
agaragara nk‟ igihangange. Yigomwe ingofero ya zahabu yari ikimenyetso cy‟ uko ari
umutegetsi ku rwego rw‟ isi yose.3
GATATU
3
Idem p. 290
45
Papa yujuje iyo nshingano yo kubohora muntu atabikoze nk‟ umunyapolitiki ahubwo nk‟
umuyobozi wa roho. Abenshi mu bakurikiraniraga hafi babonaga ko Papa Yohani Pawulo
wa II atumvagwa na bose mu rwego rw‟ imyifatire. Yabaye umupapa wakunzwe cyane
n‟abakristu gatolika, n‟abo mu yandi matorero ndetse n‟andi madini.Yitabye Imana ku
wa 2 Mata 2005 ku myaka 84 y‟amavuko.
UMWANZURO
INTANGIRIRO
4. Kiliziya y‟u Rwanda muri Vikariyati Apostoliki ebyiri Kabgayi na Nyundo: 1952-1959
5 Kiliziya y‟U Rwanda ihabwa ubuyobozi bwite: Ivuka rya za Diyosezi kugeza ubu:
1959 kugeza ubu.
48
-Rulindo (1909)
Muri icyo gihe hagaragaraga ibisigisigi by‟iyo ntambara byari bibangamiye ubutegetsi.
Mu turere two ku nkiko z‟igihugu hagaragaraga ibikorwa byo kwigomeka ku butegetsi,
kuko bafataga umwami nk‟uwimye ingoma itari imugenewe. Byongeye kandi umwete
Abamisiyoneri bubakanaga za Misiyoni no kuba barumvikanaga n‟abategetsi b‟Abadage,
byateraga umwami impungenge yibwira ko bazamutwara igihugu.
Kuva icyo gihe abantu benshi, cyane, cyane urubyiruko bagana za Misiyoni, Rezida na
we arushaho gukora ibishoboka kugira ngo agire ijambo ku bikorerwa i Bwami.
4
ITORERO RYA MUTAGATIFU PAWURO, ISHAMI RY‟AMATEKA, Seminari Nkuru ya
Nyakibanda, Pallotti Presse 2003, p. 395
52
Vikariyati Apostoliki ya Kivu yamaze gusa imyaka 10. Iyi Vikariyati yahuye
n‟ingorane z‟uko abamisiyoneri bo mu Burundi batari bishimiye ihuzwa ry‟akarere kabo
n‟u Rwanda ku buryo ubuyobozi bwa Musenyeri HIRITI batabwemeraga cyane. Na we
ku mpamvu z‟uburwayi n‟izabukuru ntiyari agishoboye kugera kure, n‟uko mu 1921
asaba Roma kwegura.
(1922-1952)
Igihe Musenyeri Classe yamaze ayobora Vikariyati y‟u Rwanda cyabaye igihe
cy‟uburumbuke budasanzwe: Umubare w‟Abakristu gatolika babatijwe wavuye ku 20886
n‟abigishwa 4915 mu mwaka w‟1922 , ugera ku 359584 n‟abigishwa 41408 mu mwaka
w‟1943 . N‟ubwo Abanyarwanda benshi bashishikariye kujya mu ishuli no kwigira
kubatizwa, Umwami Musinga we yakomeje gukomera ku idini gakondo no
kudashyigikira abajya mu idini ya gikristu. Mu by‟ukuri n‟ubwo Musinga yari akunzwe
n‟abaturage cyane cyane abaciye bugufi, nyamara yagaragazaga kwishisha abanyaburayi,
agatambamira atyo abaturage na benshi mu bantu b‟i Bwami bashakaga amajyambere no
kubatizwa. Ibyo byatumye akurwa ku ngoma ndetse acibwa mu gihugu ku itegeko rya
guverineri VOISIN (soma VUWAZE) wa Rwanda-Urundi. Musenyeri Classe yagize
uruhare mu kugena no kwimika Rudahigwa , umuhungu wa Musinga , dore ko we yari
n‟umwigishwa yitegura Batisimu; yimye ingoma ku wa 16/11/1931 n‟uko afata izina
ry‟ubwami rya Mutara wa 3 .
-Mu by‟ukuri inkubiri y‟uguhinduka kw‟abantu yari yaratangiye mu 1928 naho ukugenda
kwa Musinga kwabaye nko korosora uwabyukaga.
-Ubwiyongere bw‟abaturage.
V. 2 Igihe cy‟amakuba
Kwari ukubahiriza ikifuzo cya Papa Piyo wa XI, no gushakira umuti ikibazo cyariho.
Inama z‟Abepisikopi bo mu Rwanda zakunze kuganira ku ishyirwaho ry
„Imiryangoremezo, ndetse mu 1978 habaye Sinodi yibanze cyane kuri iki kibazo.
5
1. Mgr Alexis HABIYAMBERE; NYUMA Y‟IMYAKA ICUMI DUSHOJE SINODI
IDASANZWE ״Tubadukanye imbaraga imihigo yacu izira gucogora ;״Nyundo Ugushyingo
2011
60
IBITABO BYIFASHISHIJWE